Financing Health in Africa - Le blog
  • Home
  • Bloggers
  • Collaborative projects
  • Join our COPs
  • Resources
  • About Us
  • Contact Us

Agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro w'abakangurambaga b'ubuzima: umwihariko w'u Rwanda wageze ku ntego zihanitse

5/13/2014

5 Commentaires

 
Picture
Bruno Meessen

Muri impuguke mu buzima mpuzamahanga kandi mufite amakenga n’ingamba zo gukoresha Abajyanama  b’Ubuzima, mwaba mwanga agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro  kandi mwaba mutizera uruhare rw’abaturage ? Kanda ahanditse «Rwanda» kugira umenye uko ibintu bihagaze!


Muri Kanama 2013, igihe nasuraga i Burundi, nagize amahirwe yo gutahura umushinga-fatizo w’agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro mu baturage. Ibyagezweho n’umuryango witwa ADHbyari gushira  amakenga nari mfite kugeza icyo gihe, birumvikana nk’abandi bose, ku birebana n’ingamba zo gukoresha Abajyanama  b’Ubuzima. Nari nzi ko uwo mugambi wo gushyiraho Abajyanama  b’Ubuzima  wari warashyizwe mu bikorwa ku rwego rusange rw’igihugu cyose mu gihugu gituranye n’u Burundi, ari cyo u Rwanda. Nakoresheje amahirwe y’ubusabe bwa vuba aha mu rwego rw’umushinga wa « Integrated Health System Strengthening Project» ugamije kubaka ubushobozi bw’imikorere ya Guverinoma y’u Rwanda na Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika  (ushyirwa mu bikorwa n’umuryango witwa Management Sciences for Health) kugira ngo menye byinshi kuri uwo mugambi w’Abajyanama  b’Ubuzima. Nyuma yaho narushijeho kwemera no kunyurwa: nta gushidikanya,  aho twerekeza haratanga icyizere. 

Ibyo u Rwanda rwagezeho mu birebana n’agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro mu baturage byakozwe mu byiciro bibiri. Igerageza rya mbere- kuva mu mwaka wa  2006 –: Agahimbazamusyi k’Abajyanama b’Ubuzima kavaga ku ngengo y’imali y’iguhugu kagezwa ku bajyanama kanyujijwe mu nzego  z’ibanze za leta, gusa ntibyagenze neza nk’uko byari byifujwe. Nk’uko Dr Claude Sekabaraga yabinyibukije, nkaba naramusanze i  Kigali, amafaranga yoherezwaga ntiyageraga ku bagenerwabikorwa ndetse rimwe na rimwe yakoreshwaga n’inzego z’ibanze zegerejwe abaturage mu gutera inkunga ibindi bikorwa (ibikorwa-remezo…)  byasaga n’aho byihutirwa kurusha ibindi. Igerageza rya kabiri- kuva mu mwaka wa 2009- Hashingiwe kubwumvikane n’amategeko agenga  imikoreshereze y’inkunga “ Ikigega cy’isi gishinzwe kurwanya Sida, Igituntu  na Marariya, hemejwe ko agahimbazamusyi k’Abajyanama b’Ubuzima katazongera kunyuzwa mu nzego z’ubuyobozi ahubwo kazajya kanyuzwa ku Kigo Nderabuzima  bahuriyeho. 
 
Umwihariko w’u Rwanda ari nacyo gishya ,ushingiye mu kubumbira hamwe Abajyanama b’ubuzima mu itsinda rikorera hamwe ariryo Koperative bisabwe na Ministeri y’Ubuzima. Cathy Mugeni, uyobora kuva mu ikubitiro, iyi Porogaramu muri Ministeri y’Ubuzima i Kigali, adusobanurira ko aya mahitamo cyane cyane yaterwaga n’imiterere ya politiki y’igihugu : amakoperative y’Abajyanama b’Ubuzima ni uburyo bw’urwego ruboneye kurusha izindi rutuma ibikorwa by’ubukungu cyangwa bibyara inyungu biterwa inkunga y’amafaranga ku buryo bworoshye, hiyongereyeho gushyigikira ibikorwa bisanzwe by’Ubuzima  rusange – Uburyo bwa koperative buhuza kurushaho n’intego y’igihugu y’inzira yo kwihaza no kwigenga mu by’imari aho guhora igihugu gihanze amaso inkunga y’amahanga mu rwego rwo guteza imbere Ubuzima bw’abaturage. 
 
Mu by’ukuri nari mfite amatsiko yo kumenya uyu mugambi wo kwiyambaza Abajyanama  b’Ubuzima mu baturage aho bakorera. Ku bw’amahirwe, igihe nasuraga u Rwanda cyahuriranye n’icy’intumwa za Minisiteri y’Ubuzima  ya Lesotho. Nashoboye rero kujyana n’izo ntumwa ku Kigo Nderabuzima cya Gikomero.(1)

Amasomo nungutse

Abajyanama b’Ubuzima  bagomba kumenywa nka bamwe mu bagize inzego zose z’Ubuzima. Umugambi w’Abajyanama b’Ubuzima wakoze amakosa igihe kirekire bitewe no gutatanya ingufu zawo (Buri Porogaramu uhereye hejuru ugana hasi yari ifite Abajyanama  bayo b’Ubuzima  bwite) ; na none kandi, wakekwaga kuba indiri y’abaganga bigiye munsi y’igiti, umuntu atamenya ibyo bakora cyangwa bagakora ibyo bishakiye, igihe bahawe imiti. Sinshobora guhamya no kuvuga kuri buri rwego, ariko ibyo nabonye mu Rwanda, ibyo nabwiwe n’abantu banyuranye bampaye amakuru n’ibyo nabonye ahandi (ugereranije cyane cyane n’ibyo nabonye muri Niger) byanyemeje ko kwirengagiza Abajyanama b’Ubuzima, ni ukwivutsa umusemburo nyakuri wafasha mu kugera ku ntego z’Ubuzima  zinyuranye kandi ziduhenda cyane, by’umwihariko intego zivugwa mu Migambi y’Ikinyagihumbi igamije Iterambere ya 4, 5 n’uwa 6. Dr Michel Gasana, Umuyobozi mu rwego rw’igihugu wa Gahunda yo Kurwanya Igituntu, yansobanuriye ko Abajyanama b’Ubuzima bagira uruhare rukomeye mu kurwanya igituntu ku rwego rw’igihugu. Na none kandi bafite uruhare mu mivurire n’imikoreshereze y’imiti. Ku Kigo Nderabuzima cya Gikomero, Abajyanama b’Ubuzima batweretse ibikorwa byabo binyuranye byinshi, cyane cyane : kwita ku ndwara z’abana ku buryo bukomatanjiye (umuriro, impiswi, umusonga) ku rwego rw’abaturage, guteza imbere imikoreshereze ya za serivisi zo kuboneza urubyaro, gutanga uburyo bwo kuboneza urubyaro, n’imiti ivura igituntu, ibiganiro bigamije guhindura imyifatire, na gahunda y’imirire ishingiye ku baturage) ; byose bigira ingaruka nziza zihambaye. Twanashoboye gushima imihurize n’imikoreshereze inoze cyane y’ibikoresho bitandukanye biyambaza. 

Nk’umwe mu mpuguke zinyuranye mu « rwego rw’ubuzima», muri iyi myaka ishize nibanze ku bigo by’ubuzima  n’amavuriro. Impungenge za mbere zabaye kuzubakira ubushobozi kugira ngo zishobore gutanga urwunge rwa serivisi zabyo. Ibi byarantangaje kuko ku Kigo Nderabuzima cya Gikomero nasanze hari imikoranire yateye imbere ku buryo buhebuje hagati y’ibikorwa by’amavuriro n’Abajyanama  b’Ubuzima.Niba Abajyanama b’Ubuzima batanga zimwe muri serivisi (urugero kuvura impiswi bakoresheje imyungu ivura umwuma ya Zinc, kuvura umusonga), igice kinini cy’uruhare rwabo kibanda ku guteza imbere imikoreshereze n’imikoranire n’Ikigo Nderabuzima (na none kandi bahora bakoranira hafi n’Ikigo Nderabuzima hamwe na Ministeri y’Ubuzima hakoreshejwe za telefone zigendanwa zituma batanga amakuru ku buryo bwihuse mu rwego rwo kurengera ubuzima  bw’abaturage). 
 
Akarusho k’ingenzi k’Abajyanama b’Ubuzima ni uko baba batuye mu Mudugugu umwe n’abagenerwabikorwa babo. Kandi bakunze kugirirwa icyizere n’abaturage kandi bagahabwa ikaze muri buri rugo, nta kibazo. Nyuma yaho, twasuye, mu kandi Karere, Ibitaro byta Rutongo. Mu cyumba cy’abana, twabajije umubyeyi wari ufite umwana urwaye bwacye. Yatubwiye inzira yanyuzemo: Uko yabonye ko umwana we yahinduye imyifatire, kugana Umujyanama w’Ubuzima, icyemezo cyo kujyana bombi ku Kigo Nderabuzima (n’ubwo ibipimo ku ifishi y’umwana byari mu ibara « ry’icyatsi kibisi ») kandi ko nyuma yo gusuzuma umwana ku Kigo Nderabuzima bagasanga afite imirire mibi ikabije, uwo mwana bamwohereje mu bitaro (bakoresheje imbangukiragurabara/ingobyi y’abarwayi).

Zimwe mu ngufu zikomeye  nabonye i Makamba mu Burundi n’ibyo nabonye mu Rwanda, ni ishingwa ry’urwego ruhuriweho n’Abajyanama b’Ubuzima bose ku Kigo Nderabuzima kimwe. Ku ruhande rumwe, iyi mikorere izakuraho ikibazo cyahozeho cyo gutatanya ingamba zitangwa n’Abajyanama  b’Ubuzima (Kuko buri porogaramu  ifiite abayo). Ibi bizoroshya ku buryo bushimishije ihuzabikorwa hamwe n’Ikigo Nderabuzima; nk’urugero, ibi  bizatuma ingamba zateganyijwe zigerwaho ku buryo bwihuse. By’umwihariko, ishyirwaho ry’ishyirahamwe cyangwa rya koperative bizatuma urwego rw’Abajyanama b’Ubuzima ruva ku rwego mpuzamikorere y’inzego (nk’umuhuza wa za Porogaramu) rugana ku rwego rushinzwe ubukangurambaga nyakuri kandi rufata ibyemezo bihuriweho – Dukurikije uko tubyumva, iyi ni yo ntego nyakuri y’ibikorwa bishingiye ku baturage.

Kugira ngo ibi bigerweho, ni ngombwa gushyiraho intego n’uburyo byo gufatira hamwe ibyemezo. Icyo tubitekerezaho ni uko agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro mu baturage, bitewe n’uko kagizwe n’amafaranga yoherezwa mu nzego (ishyirahamwe cyangwa koperative) bibyara icyo gikorwa. Kuko niba agahimbazamusyi gashingiye ku musaruro mu baturage gateganya ko urwego ruhuruweho rugomba guhemba buri Mujyanama w’Ubuzima kubera umusanzu we bwite, igihembo gitangwa na Ministeri y’Ubuzima ni kinini ku buryo bushimishije kugira ngo buri tsinda rishobore gushyira iruhande igice kimwe cy’amafaranga binjiza. Bakoresheje ayo mafaranga, bashobora gutangira ibikorwa by’ishoramari.

Ku Kigo Nderabuzima cya Gikomero, Madamu Concessa Kiberinka, Umujyanama w’Ubuzima akaba n’umucungamari wa Koperative y’Abajyanama b’Ubuzima, yatweretse ibikorwa by’ubukungu binyuranye Koperative yabo yakoraga : Ubworozi bw’ingurube, urutoke, ishoramari mu bwubatsi bw’amazu,… Na none kandi yatubwiye undi mushinga bateganyaga mu gihe kizaza: Kubaka ibagiro ry’inyama z’ingurube! Mu mashuri y’ubucungamari, ibi babyita gutera intambwe nyongeragaciro k’ibikorwa byabo…

 Namubajije niba  bidashoboka ko iterambere rya Koperative yabo y’ubukungu bitazatuma umushinga wabo umungwa na ruswa, kandi intego yayo ya mbere ari uguteza imbere (1°) ubuzima. Ibi bishobora gutuma twibaza ko abandi bantu bazashaka kuba Abajyanama  b’Ubuzima  bazaba bakuruwe n’indonke n’irari ry’inyungu y’amafaranga. Yansobanuriye ko buri mudugugudu uhitamo Abajyanama b’Ubuzima  binyuze mu buryo bwa demokarasi kandi ko ingingo zigenderwaho zikurikizwa ari ukwitangira umudugugudu, ubunyanyamuganyo, ubushobozi bwo kwizerwa n’ingo no kuzisura… (2) Biraruhije gusobanura, ariko mu biganiro twagiranye n’Abajyanama b’Ubuzima, byagaragaye ko barangwaga n’izi ndangagaciro zose. 
 
Ivuka n’Iterambere ry’ubu buryo 

Dore rwose uburyo bw’imikorere bwatekerejwe neza kandi bufite urwego ruteye neza bwavutse : Abajyanama b’Ubuzima, batoranywa ku buryo bwa demokarasi, bikozwe n’abaturage, bahugurirwa gutanga urwunge rwa serivisi zikomatanyije zinoze, bakora no ku buryo buhuza ibikorwa byabo kandi bagenzurwa n’Ikigo Nderabuzima, bishyira hamwe ku rwego rw’aho batuye muri Koperative, nayo kandi ikaba iterwa inkunga n’igihembo gishingiye ku
musaruro
, kandi ikaba yiyemeje gutangiza ibikorwa bibyara inyungu z’ubukungu, ibi kandi byose bikaba bikorerwa mu rwego rwa politiki
nkangurambaga ihanitse.



Icyitonderwa no Gushimira:
 (1) Turashimira  Health Development Performance n’Ishuri Rikuru ry’Ubuzima  Rusange rya Kigali kuko bemeye kugira uruhare muri urwo rugendo!
 (2) amakoperative arimo 2/3 by’abagore ; nk’umugabo, mbona ari icyemezo gishingiye ubushishozi buhanitse, kandi ibi ntibitangaje mu Rwanda).


Translation: Dr Candide Tran Ngoc & Francoise Kayirangwa

5 Commentaires
Paulin Basinga
5/31/2014 10:16:57 am

Bruno, warakoze cyane ku gitekerezo cyo gishira iyi nyandiko mukinyarwanda. Byatumye ko Abanyarwanda batekereza bakanashyira mu bikorwa utushya babysomera. Great job from a great friend of Rwanda

Répondre
Rachel Frye
12/9/2023 01:38:51 am

Hello, my name is Rachel Frye and I want to give this testimony in respect of Dr. Odunga who made me win $2 Million Dollars in Lottery by matching the 5 numbers for me. I am happy to be out of financial debt and be able to help my family in these seasonal period of fun and cheer. I contacted Dr. Odunga through Whats-App (+2348167159012) when I told him to help me win the Mega Millions and He told me that it would be spiritually checked if I will win the Lottery. When he informed me that I will not be able to win the Jackpot but I will win huge amount in the lottery I was not completely sad but had great faith in him. I live in Freeland, Saginaw County, Michigan and I would say it was pretty hard to send him the money for the spell before he gave me the winning numbers to play. He sent me the numbers and I played. The next morning after the drawing, I matched the five white balls in the Aug. 4 drawing to win $1 million: 11-30-45-52-56. Thanks to the Megaplier X2, my prize was multiplied to $2 million. Thank You Dr Odunga for this wonderful experience with you. You too can contact Dr. Odunga at his Whats-App +2348167159012 or Email: [email protected]

Répondre
Shannon
5/19/2024 10:55:50 pm

Comment j'ai récupéré mon ex-mari...........

Je m'appelle Shannon de nom. Salutations à tous ceux qui lisent ce témoignage. J'ai été rejetée par mon mari après trois (3) ans de mariage simplement parce qu'une autre femme lui avait jeté un sort et il nous a laissé souffrir, moi et l'enfant. un jour, alors que je lisais sur le Web, j'ai vu un article expliquant comment ce lanceur de sorts à cette adresse [email protected] avait aidé une femme à récupérer son mari et je lui ai répondu à son adresse et il m'a dit qu'une femme a jeté un sort sur mon mari et il m'a dit qu'il m'aiderait et qu'après 2 jours je récupérerais mon mari. Je l'ai cru et aujourd'hui je suis heureux de vous faire savoir à tous que ce lanceur de sorts a le pouvoir de ramener les amoureux. parce que je suis maintenant heureuse avec mon mari. Merci pour le Dr Mako. Son email : [email protected] OU. Son numéro WhatsApp : +27840213744
https://www.facebook.com/Dr_Mako_Lovespell-101677598467906

Répondre
Shannon
5/19/2024 10:57:43 pm

Comment j'ai récupéré mon ex-mari...........

Je m'appelle Shannon de nom. Salutations à tous ceux qui lisent ce témoignage. J'ai été rejetée par mon mari après trois (3) ans de mariage simplement parce qu'une autre femme lui avait jeté un sort et il nous a laissé souffrir, moi et l'enfant. un jour, alors que je lisais sur le Web, j'ai vu un article expliquant comment ce lanceur de sorts à cette adresse [email protected] avait aidé une femme à récupérer son mari et je lui ai répondu à son adresse et il m'a dit qu'une femme a jeté un sort sur mon mari et il m'a dit qu'il m'aiderait et qu'après 2 jours je récupérerais mon mari. Je l'ai cru et aujourd'hui je suis heureux de vous faire savoir à tous que ce lanceur de sorts a le pouvoir de ramener les amoureux. parce que je suis maintenant heureuse avec mon mari. Merci pour le Dr Mako. Son email : [email protected] OU. Son numéro WhatsApp : +27840213744
https://www.facebook.com/Dr_Mako_Lovespell-101677598467906

Répondre
moupay martins
11/28/2024 11:29:37 pm

I was heartbroken because I had a very small manhood , not nice to satisfy a woman, I had so many relationships cut off because of my situation, I have used so many products which i found online but none could offer me the help I searched for. I saw some comments about this specialist called Dr Moses Buba and decided to email him at [email protected] so I decided to give his herbal product a try. i emailed him and he got back to me, he gave me some comforting words with his herbal pills for manhood Enlargement, Within 14days of it, i began to feel the enlargement of my manhood , " and now it just 2 weeks of using his products my manhood is about 9 inches longer and i am so happy, contact DR Moses Buba now via email [email protected] or his WhatsApp number +2349060529305 . contact him through his Facebook page : https://www.facebook.com/profile.php?id=61559577240930 may God reward you for your good work . For more info i can help to explain the medication +44 7375301397

HE ALSO RENDERED THE FOLLOWING ........1. BRING YOUR EX BACK........... 2. LOTTERY SPELL......... 3. PREGNANCY SPELL ..........4. WEAK ERECTION ............5. POOR EJACULATION..........

Répondre



Laisser un réponse.


    Our websites

    Photo
    Photo
    Photo

    We like them...

    SINA-Health
    International Health Policies
    CGD

    Archives

    Septembre 2019
    Juin 2019
    Avril 2019
    Mars 2019
    Mai 2018
    Avril 2018
    Mars 2018
    Février 2018
    Janvier 2018
    Décembre 2017
    Octobre 2017
    Septembre 2017
    Août 2017
    Juillet 2017
    Juin 2017
    Mai 2017
    Avril 2017
    Mars 2017
    Février 2017
    Janvier 2017
    Décembre 2016
    Novembre 2016
    Octobre 2016
    Septembre 2016
    Août 2016
    Juillet 2016
    Avril 2016
    Mars 2016
    Février 2016
    Janvier 2016
    Décembre 2015
    Novembre 2015
    Octobre 2015
    Septembre 2015
    Août 2015
    Juillet 2015
    Juin 2015
    Mai 2015
    Avril 2015
    Mars 2015
    Février 2015
    Janvier 2015
    Décembre 2014
    Octobre 2014
    Septembre 2014
    Juillet 2014
    Juin 2014
    Mai 2014
    Avril 2014
    Mars 2014
    Février 2014
    Janvier 2014
    Décembre 2013
    Novembre 2013
    Octobre 2013
    Septembre 2013
    Août 2013
    Juillet 2013
    Juin 2013
    Mai 2013
    Avril 2013
    Mars 2013
    Février 2013
    Janvier 2013
    Décembre 2012
    Novembre 2012
    Octobre 2012
    Septembre 2012
    Août 2012
    Juillet 2012
    Juin 2012
    Mai 2012
    Avril 2012
    Mars 2012
    Février 2012
    Janvier 2012
    Décembre 2011
    Novembre 2011
    Octobre 2011

    Tags

    Tout
    2012
    Accountability
    Aid
    Alex Ergo
    Assurance Maladie
    Bad
    Bamako Initiative
    Bénin
    Bruno Meessen
    Burkina Faso
    Burundi
    Civil Society
    Communauteacute-de-pratique
    Communauté De Pratique
    Community Of Practice
    Community Participation
    Conference
    Cop
    Course
    Couverture Universelle
    CSU
    Déclaration De Harare
    Divine Ikenwilo
    Dr Congo
    économie Politique
    élections
    équité
    Equity
    Fbp
    Financement Basé Sur Les Résultats
    Financement Public
    Fragilité
    Fragility
    Free Health Care
    Global Fund
    Global Health Governance
    Gratuité
    Gratuité
    Health Equity Fund
    Health Insurance
    ICT
    Identification Des Pauvres
    Isidore Sieleunou
    Jb Falisse
    Jurrien Toonen
    Kenya
    Knowledge-management
    Kouamé
    Leadership
    Mali
    Management
    Maroc
    Maternal And Child Health
    Médicaments
    Mise En Oeuvre
    Mutuelle
    National Health Accounts
    Ngo
    Niger
    Omd
    OMS
    Parlement
    Participation Communautaire
    Pba
    Pbf
    Plaidoyer
    Policy Process
    Politique
    Politique De Gratuité
    Politique De Gratuité
    Post Conflit
    Post-conflit
    Private Sector
    Processus Politique
    Qualité Des Soins
    Qualité Des Soins
    Quality Of Care
    Recherche
    Redevabilité
    Reform
    Réforme
    Research
    Results Based Financing
    Rwanda
    Santé Maternelle
    Secteur Privé
    Sénégal
    Société Civile
    Uganda
    Universal Health Coverage
    User Fee Removal
    Voeux 2012
    Voucher
    WHO

Powered by Create your own unique website with customizable templates.